AMAHUGURWA Y’ABAYOBOZI B’IBIGO
BY’AMASHURI YISUMBUYE
Ku bufatanye bwa Minisiteri y’uburezi
n’umushinga VVOB,umushinga uterwa inkunga n’abafurama wateguye amahugurwa ku
bayobozi b’ibigo by’amashuri y’isumbuye ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga mu
itimanaho (ICT) riganisha cyane cyane mu micungire myiza y’amashuri.
HARINDIMANA Prudence
Nkuko
tubitangarizwa n’umwe mu bahuguriwe i Rwamagana Bwana Ngirinshuti Etienne,
umuyobozi w’ikigo cya Nyabigega mu karere ka Kirehe, imicungire myiza y’ikigo
cy’ishuri isaba ko hakorwa igenamigambi nziza y’ikigo, ariko ibyo bigasabako
ICT yifashishwa kugira ngo imirimo itandukanye itungane.
Minisiteri
y’uburezi irasaba ibigo by’amashuri kugerageza kwishingira imbuga za interinete
(website) kugira ngo bishobore guhana amakuru mu buryo bworoshye,ibyo
byarushaho guteza imbere ireme ry’uburezi.
Muri ayo
mahugurwa abayobozi b’ibigo by’amashuri barifuzako gahunda yo kubagezaho
umuriro w’amashanyarazi ku bufatanye na minisiteri y’uburezi na minisiteri
y’ibikorwa remezo wabageraho vuba kandi bakanahabwa za mudasobawa zihagije
kugira ngo abanyeshuri bagire amahirwe yo kumenya imikoreshereze yazo.
Aya
mahugurwa arakorerwa ahantu hatatu
hatandukanye ariho: Rwamagana, Huye na
Nyamata akaba azakorwa gihe cy’ibyumweru bitatu. Abayobozi bagera kuri
maganabiri mirongo irindwi na batanu nibo bazahugurwa cyane cyane abo mu myaka
icyenda na cumi n’ibiri kuberaka aribo batari barahuguwe muri urwo rwego.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire
Remarque : Seul un membre de ce blog est autorisé à enregistrer un commentaire.