jeudi 24 mai 2012

Tuniziya





Urukiko rwa gisirikare muri Tunisiya kuri uyu wa gatatu rwakatiye igihano cy’urupfu uwahoze ari umukuru w’iki gihugu Zine El Abidine Ben Ali arashinjwa kuba yaragize uruhare mu myivumbagatanyo yo mu kwa mbere umwaka ushize yabereye i Thala no Kasserine, imigi ibiri yabereyemo imyivumbataganyo muri Tunisiya.
Amakuru dukesha ibiro ntara makuru AFP avugako umucamanza w’urukiko rwa gisirikare rwa Kef ruri mu majyaruguru y’iburengerazuba bwa Tuniziya yakatiye igihano cy’urupfu uwahoze ari umukuru w’iki gihugu ku rupfu rudasobanutse rw’abantu bishwe. Yasabiye ibihano bikomeye abantu 22 bari bakomeye ku butegetsi bwa Ben Ali bakaba bakurikiranyweho urupfu rw’abantu bagera kuri 22 bo muri Thala no Kasserine, imigi ibiri yasabwaga gutanga ibintu biremereye byanatumye Ben Ali ahungira muri Arabie saoudite muri Mutarama 2001.
Ni ubwa mbere igihano cy’urupfu gikatiwe uwahoze ari umukuru w’igihugu cya Tuniziya, aho yakoze ibikorwa mu butabera kadi agashyirwa imbere y’ubutabera bwa gisirikare n’ubwa gisivili.

Ben Ali akaba yarakatiwe imyaka 66 muri gereza kubera gukurikiranwaho ibyaha byo kunyereza umutungo, gucuruza ibiyobyabwenge no kwangiriza ibintu bya rubanda. Twabibutsa ko we n’umugore we Leïla Trabelsi bashyiriweho manda mpuzamahanga, ariko Arabie saoudite kugeza ubu ntacyo irigera isubiza Tuniziya.
Mu bakurikiranweho ubwo bwicanyi harimo uwahoze ari minister w’imbere mu gihugu Ahmed Friaâ, uwahoze ari umukuru w’iperereza Adel Tiouiri,uwahoze ashinzwe umutwe w’ingabo zidasanzwe Jalel Boudriga hamwe n’uwari ushinzwe umutekano w’umukuru w’igihugu Ali Seriati.


Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire

Remarque : Seul un membre de ce blog est autorisé à enregistrer un commentaire.