Abasoreshwa
bo mu karere ka Musanze na Muhanga barasabwa
gukoresha ikoranabuhanga mu kumenyekanisha imisoro ndetse no kuyishyura kuko
ubwo buryo bukora neza kandi bwihutisha serivisi.
Ubu
bubtumwa babuhawe kuri uyu wa mberer ubwo abakozi b’ikigo cy’imisoro n’amahoro
baganiraga n’abacuruzi b’I Musanze aho babagezagaho zimwe mu mpinduka mu
mategeko y’imisoro ndetse n’ingamba RRA ifite zo kurushaho kunoza serivisi iha
abayigana.
Mu mpinduka ziri mu itegeko
ry’imisoro, abasora bo mu karere ka Musanze baganirijweho hagaragaramo ingingi
igamije korohereza abasora baciriritse batarenza igicuruzo cya miliyoni 200 ku
mwaka, kujya batanga umusoro ku bihembo by’abakozi babo rimwe mu gihembwe aho
kuba buri kwezi. Ngo izi mpinduka zigamije kubafasha gutera imbere.
Hashyizweho kandi uburyo bwo ngukora
imenyekanisha musoro hifashishijwe ikoranabuhanga, RRA ikaba isaba abakorera I
Musanze n’ahandi hose mu gihugu kwiyandikisha muri ubu buryo bugamije kubarinda
imirongo no gusiragira batakaza umwanya. Icyo umucuruzi asabwa ni ukuba afite
mudasobwa n’umurongo wa internet ubundi agasaba ijambo ry’ibanga mur RRA.
Komiseri w’imisoro y’imbere mu
gihugu, Bumbakare Pierre Céléstin avugako ari gahunda ya leta yabashyiriyeho ,
nayo ikabasaba ko bazigira izabo.
Abacuruzi benshi bakunze gusaba ko
leta yabashyiriraho umusoro uzwi ku buryo buboroheye. Hari itegeko rikiri mu
nteko ishinga amategeko rishyira abacuruzi bato n’abaciriritse mu byiciro by’uko bazajya batanga umusoro ku
nyungu hakurikijwe icyiciro cya buri wese .iryo tegeko riramutse
ryemejwe,abafite igicuruzo cya miliyoni 2 kugeza kuri 4 bazajya bishyura
ibihumbi 60 ku mwaka, abafite igicuruzo kiri hagati ya miliyoni4-6 bakwishyura
ibihumbi 120 ku mwaka.
Umwe mu bacuruzi ,HABYARIMANA Léonard ,avugako bizatuma n’abatagaragara mu misoro bizaborohera kandi bagatanga imisoro
neza.
Abo bacuruzi bibukijweko gutanga
imenyekanisha buguzi ari itegeko kandi ko buri gicuruzwa cyose gisohotse mu
iduka kigamba guherekezwa n’imenyeza bwisyu. Kugirango bijye biborohera,
RRA ngo ifite imashini ziswe electronic
tax register zizabafasha gukora imenyekanishabuguzi no kubara imisoro bagomba
kuriha ikigo cy’imisoro n’amahoro. Bakaba bashishikarizwa kuzikoresha.
No mu karere ka Muhanga mu ntara
y’amajyepfo, abacuruzi bahuguwe n’ikigo cy’imisoro n’amahoro ku mategeko mashya
y’imisoro ndetse n’ingamba ziriho zo kubaha serivisi zinoze. Kandi basobanuriwe
uburyo bushya buriho bwo kwifashisha ikoranabuhanga mu gukora imenyekanisha
musoro ndetse no kwishyura ikigo cy’imisoro n’amahoro cyabegereje. Ubuyobozi
bwa RRA buvugako ubu buryo bwizewe kandi bufite umutekano usesuye.
Vice Mayor ushinzwe ubukungu mu
karere ka Muhanga, Uhagaze François,
avugako uburyo bw’ikoranabuhanga
RRA irimo yegereza abacuruzi buzafasha
abikorera kujya mbere.
Uhagarariye abikorera mu karere ka
Muhanga ,bwana Habimana Silas avugako
izi mashini zizafasha abacuruzi kujya bahanahana amakuru n’ubuyobozi bw’imisoro
kandi bikaborohoreza gukora ibaruramari ryabo kandi bibahendukiye.
Abanyamuhanga bamenyeshejweko
amategeko y’imisoro ubu yemerera abacuruzi batageza ku giciro cya miliyoni 200
ko abafite abakozi bazajya babishyurira buri gihembwe umusoro ariwo TPR aho
kuba buri kwezi. Bamenyeshejwe kandi ko abacuruzi bakunze kumenyekanisha imisoro
ariko ntibajye kwishyura ko inyungu z’ubukererwe zavanywe kuri 0.9 zishyirwa
kuri 1.5%.


Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire
Remarque : Seul un membre de ce blog est autorisé à enregistrer un commentaire.