Kuri
station ya polisi ya Gisozi hafungiwe abagabo 4 bafashwe bamena mu mugezi
imyanda yo mu bwiherero.Abafashwe bavuga ko bari ku kazi bari bahawe na
nyir’inzu washaka kwikiza uwo mwanda.
Mu kumena iyo myanda
ahadakwiye,ngo abo bagabo bitwikiriye ijoro kuko bafashwe ahagana mu ma saa yine
z’ijoro.
Bayikuraga mu nzu
bayiroha mu kagezi ka Rwanzukuma nako kisuka muri Nyabugogo.
Abafatiwe muri icyo
gikorwa bavuga ko nyiri inzu ariwe wababwiye gusuka iyo myanda hafi aho.
umwe mu bafashwe, Munguyiko Filbert ,avuga ko batangiye ako kazi saa kumi
nimwe baza gufatwa mu ma saa tatu z’ijoro.
Ubwo twahageraga
twahasanze amajerekani, ibitiyo n’ipiki bakoresheje bacukura icyo cyobo kijyamo
imyanda kizwi nka fosse sceptique.
Mukashyaka Immaculée
ushinzwe isuku n’isukura ndetse no kwita ku bidukikije mu mugi wa Kigali avuga
ko umuntu wese ufatiwe muri iri kosa ahanishwa igihano cy’amande ari hagati ya
miliyoni imwe na miliyoni eshanu.
umuvugizi wa polisi
y’igihugu Supretendanti Theos Badege we asaba abakora ibikorwa nk’ibyo
kubicikaho kuko hari itegeko rihana rikanakumira abangiza ibidukikije.
Kugirango bimenyekane
ngo ni umwe mu bagenzi wahanyuraga yumva umunuko nibwo agiye kureba asanga
barimo kumena iyo myanda nawe ahita ahamagara inzego z’umutekano
zirabafata.Nyir’inzu we ntitwashoboye kumubona.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire
Remarque : Seul un membre de ce blog est autorisé à enregistrer un commentaire.