Amakuru aturuka muri Tanzania nuko abakunzi b’umupira w’amaguru ndetse na bandi bose bazabasha kugera ahantu hitwa Leaders club kinondoni - mu mujyi wa Dar es Salaam. Nibwo bazasezera ku mubiri wa nyakwigenderaMutesa Patrick Mafisango ejo mu gitondo kuwa gatanu tariki ya 18/05/2012.
Nkuko bitangazwa n’umuyobozi wo muri Simba SC, Nico Nyagawa - Ati nyuma yo gusezera ku mubiri wa Patrick Mafisango bazerekeza ku kibuga cy’indege, hanyuma yerekezwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gihugu yavukiyemo.
Nyagawa yasabye yuko abantu bazitabira gusezera ku mukinnyi badateze kuzibangirwa kuko yafashije ikipe ya Simba SC kugera kuri byinshi, aho yabshije gustindira Simba SC ibitego 11 muri iyi Sezo .
Umukino we wa nyuma yakiniye ikipe ya Simba SC ni tariki ya 13/05/2012 bakina n’ikipe ya Al Ahly Shandy yo muri Sudan mu mukino wa Orange Caf Confederation Cup, Simba SC isezererwa kuri penaliti 9-8, nyuma yaho amakipe yombi yanganyaga ibitego 3-3. .
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire
Remarque : Seul un membre de ce blog est autorisé à enregistrer un commentaire.