AMAKURU YO
YANZE Y’U RWANDA
ASIYA
Yemeni: Nyuma y’igitero cy’indege z’Amerika cyahitanye umuyobozi
ushinzwe guhuza ibikorwa muri d'Al-Qaïda Kuri uyu wa mbere uyumutwe
w’iterabwoba ukaba wihimuye ugaba igitero cyahitanye abasirikare bagera kuri 20
ba Leta.
Amakuru dukesha AFP,avuga ko icyo
gitero cyabaye muri iki gitondo mu majyepfo y’umugi wa Zinjibar. Mu bo iki
gitero cyahitanye harimo abasirikare 4 bo ku rwego rwa officiers bo mu ngabo
z’iki gihugu.
Iki
gitero cyabereye mu ntara ya Chabwa, kije nyuma y’urupfu rwa Fahd al-Quso,wari ufite ubwenegihugu bwa Yemeni akaba yari amaze igihe ashakishwa na
Leta zunze ubumwe z’Amerika,kubera uruhare yagize mu gitero ku ngabo z’Amerika
zirwanira mu mazi cyahitanye izigera kuri 17 mu mwaka wa 2000 mu kigobe
cy’Aden.
We
n’abasirikari ba2 bashinzwe kumurinda bakaba barahitanywe n’ibisasu2 byo mu
bwoko bwa misile ubwo yari fai y’urugo rwe ahitwa Rafadh.
Izina
ry’uyu mugabo rikaba ryagaragaraga ku rutonde rw’abantu bashakiswa cyane na FBI
aho yari yaremereye amadorari agera kuri miliyoni 5 ku munt wese watanga
amakuru y’aho Quso yaba aherereye.
Ubushinwa: Nyuma y’uko François Hollande atangajwe ko ariwe watsinze
amatora ya perezida wa repubulika mu Bufaransa, igihugu cy’Ubushinwa kiba
cyavuzeko cyiteguye gukorana nawe. Ibi bikaba byatangajwe n’umuvugizi wa Leta
y’Ubushinwa.
Nkuko tubikesha AFP ,mu kiganiro yagiranye
n’abanyamakuru, Hong Lei,akaba yatangaje ko biteguye gufatanya n’Ubufaransa mu
gukemura ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi mu buryo burambye.
WASHINGTON: Perezida wa leta zunze ubumwe z’amerika,Barack obama,kuri
iki cymweru yashimiye François Hollande nyuma yo gutorerwa kuyobora Ubufaransa
mu kiganiro abo bagabo bombi bagiranye kuri telefoni. Barack Obama akaba
yamugaragarije bimwe mu bibazo bikomeye ibihugu byombi bigomba gukemurira hamwe
aha akaba yavuze ikibazo cy’Afuganistani ndetse n’ikibazo cy’umwenda mu
muryango w’ibihugu by’iburayi.
Perezida
Obama ni umwe mu bayobozi b’ibihugu by’ibihangange ku isi bagaragaje ko ko
biteguye gukorana na François Hollande. Yakomeje avuga ko azamwakira i Camp
David mu nama y’ibihugu 8 bikize(G8) n’ i Chicago mu nama ya otani muri uku
kwezi. Ibi bikaba byatangajwe n’umuvugizi wa Maison Blanche, Jay Carney
Yakomeje
avuga ko perezida Obama yiteguye gukorana na Hollande bibazo bikomeye mu
by’ubukungu n’umutekano.
Siriya: Amatora yabagizi inteko ishinga amategeko
Nyuma y’imyaka igera kuri hafi 50, kuri uyu wa mbere
abaturage ba Siriya bazindukiye mu matora yabagize inteko
ishinga amategeko ahuriweho n’amashyaka menshi,ariko abatavuga rumwe na leta
bbakaba bavuga ko yaranzwe n’ubwicanyi.
Amakuru
dukesha ibiro ntaramakuru AFP avugako muri iki gihugu kirangwamo imidugararo yo
kwamagana perezida Bachar al-Assad guhera mu ntangiriro z’ukwezi kwa 3,
abakandida 7.195 nibo bahatanira imyanya
250 mu nteko ishinga amategeko igomba
kugeza igihugu ku mpinduka zasezeranijwe na perezida Assad.
Siriya
ikaba imaze igihe kigera ku mwaka itagira inteko ishinga amategeko bitewe
n’imyivumbagatanyo mu gice kinini cy’igihugu. Perezida Assad akaba yararwanyije
iyi myigaragambyo ashyiraho amategeko akomeye ashingiye ku iteka rya perezida
wa Repubulika.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire
Remarque : Seul un membre de ce blog est autorisé à enregistrer un commentaire.