jeudi 24 mai 2012

ISRAEL








 Ministre w’imbere wa Israheli Elie Yishaï yatangaje kuri uyu wa kane ko bagiye gufunga abanyafurika binjira muri iki gihugu mu buryo butemewe . ibi yabitangaje nyuma y’imyigaragambyo yabereye mu mugi wa Tel-Aviv
Nkuko tubikesha AFP iratangaza ko Elie Yishaï yavuzeko abazajya binjira mu buryo butemewe bazajya bafungirwa mu bigo nyuma boharezwe iwabo kuko baza gukora akazi k’abanyayisraheli kandi bagomba kurinda umuyahudi. Ibi yabitangarije radio ya ya gisirikare.
Umuvugizi wa polisi Micky Rosenfeld yatangaje kuri uyu wa kane ko abantu 17 bakekwaho kuba bateye amangazini no kwangiza imodoka ahaherereya abo bimukira bafashwe kugeza muri iki gitondo. Yakomeje avugako nta mwimukira wigwze akomereka muri iki gikorwa kuko polisi yihutiye gutabara no kugarura umutuzo.
Ku bwa ministiri Yishaï yavuzeko guverinema ntacyo yabikozeho,ariko kubwe ntashako batakaza igihugu cyabo. Imibare itangazwa na Leta ni 60.000  by’abantu binjira rwihishwa muri Isiraheli baturutse muri Soudan,Soudan y’amajyepfo no muri Eritreya bayuze mu misozi ya Sinayi.
Kugirango bakumire abo bantu leta yafashe ingamba zo kongera imbaraga zo kubaka urukuta rwa km 250 ku mupaka wa Misiri kandi kubaka bikazarangirana n’uyu mwaka.


Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire

Remarque : Seul un membre de ce blog est autorisé à enregistrer un commentaire.