ISUKU MU MUGI WA KIGALI
Umugi wa Kigali urimo
kurushaho gutunganya ibikorwa remezo,
aho akarere ka kicukiro gatangije uyu munsi ku mugaragaro ibikorwa byo kubaka umuhanda ureshya na kilometro imwe, uyu muhanda uzahuza ikigo cy’ubbuziranenge na paroisse ya
kicukiro. Abaturage barasabwa gufata
imihanda neza kuko bibafitiye akamaro.
Umuhanda
ureshya na km1 niwo watangijwe kwubakwa n’akarere ka kicukiro, uyu muhanda
ukazatwara amafaranga asaga miliyoni Magana ane y’amanyarwanda mu gihe cy’amezi
atatu gusa.
Umuyobozi
w’akarere ka kicukiro Ndamage jules, arakangurira abaturage kuzajya bafata
imihanda neza kuko ari ibikorwa bihenze
cyane kandi binafitiye akamaro abaturage bose.
Gahunda
yo kwubaka imihanda ntabwo iri mu karere ka kicukiro gusa, umujyi wa Kigali
umaze igihe waratangije iyo gahunda, igikorwa cyo kwubaka ibirometero birenga 34 mu mujyi wa Kigali.
Umuyobozi
w’umugi wa Kigali wungirije ushinzwe imari n’ubukundu aratangaza ko hafi 70
kw’ijana by’imihanda yari yateganyijwe
gukorwa bimaze kwubakwa kandi ahasigaye
ntihazarenza m’ ukwezi kwa 9.
Yongeraho avuga ko impamvu zitinza kubaka imihanda ari uko abaturage batinda
kuva mu mazu yaguzwe kuba yegereye imihanda.
Iyo
mihanda yo mu mugi wa Kigali izatwara akayabo
k’amafaranga asaga miliyari cumi n’ebyiri z’amanyarwanda.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire
Remarque : Seul un membre de ce blog est autorisé à enregistrer un commentaire.